AMAGARA ARAMIRWA NTAMERWA[1]

 

Uyu mugani Abanyarwanda bawuca bawukurije ku muntu wari warazambijwe n'akaga k'ubukene, hanyuma akagira amahirwe ubukire bukamudamaraza; ni bwo bavuga, ngo «Amagara aramirwa ntamerwaWadutse ku ngoma ya Gahindiro, ukomotse kuri Migambi se wa Bisangwa, umutware w’lngangurarugo za Rwabugili; ahasaga umwaka wa 1800.

 


Rimwe, Yuhi Gahindiro sekuru wa Rwabugili yarambagiye u Rwanda, ageze mu nzira ahasanga akana k'agahungu k'akananu gasa n'agashigaje inkunga nto kagapfa. Akabonye agira impuhwe; abwira abo bari kumwe, ati «Nimukanzanire».

 

Barakazana, akabaza icyo gashaka kurya cyagakiza. Akana, kati «Ndashaka ituri». Gahindiro abaza abatware n'abahungu ituri icyo ari cyo, barabiyoberwa. Babaza rubanda rwa giseseka rwaje rushagaye umugendo w'umwami n'abatware, bati «Muri mwe ntawamenya ituri icyo ari cyoHavamo umwe ababwira ko ari ibihaza bicucumye mu bishyimbo.

 

Ubwo Gahindiro amuha uwo mugabo ubivuze, amuha n'abagomba kujya bagemura ibishyimbo n'ibihaza.
Uwo mwana yitwaga Migambi. Nyuma bararimukura, bamwita «Rugombituri», kuko Gahindiro akimutoragura ku nzira bamubajije icyo ashaka, ati «Ndashaka ituri !»

 


Haciyeho iminsi, wa murezi wa Migambi aragaruka abwira Gahindiro, ati «Mbigenje nte ko wa mwana wandagije noneho agiye kuzira ubworoGahindiro amuha inka z'imbyeyi icumi zo kumukamirwa. Umugabo arazijyana akamira Migambi.
Nyuma y'amezi atandatu, Gahindiro aramutumiza; baza kumumumurikira Migambi ari umushishe usa na bike. Aguma ubwo kwa Gahindiro areranwa n'abana be, abyirukana na bo; arashakirwa abyara Bisangwa uyu watwaraga urugo rwa Rwabugili rw'i Rubengera, agatwara n'umutwe w'umurangangoma wa Rwabugili witwaga Ingangurarugo na barumuna bazo Inshozamihigo.

 

Muri iryo murikwa rye rero abari baramubonye ari uruzingo baramuyoberwa barabaririza. Wa mugabo, ati «Ese si wa mwana washakaga ituri !» Bose baratangara bati «Amagara aramirwa ntamerwa». Ni bwo imvugo ikwiriye ibwami no ku karubanda ihinduka umugani.

 


Kuva ubwo rero, baba babonye umuntu wigeze kuzahazwa n'akaga hanyuma agahembuka akadibika umubyibuho, bakamugereranya na wa mwana Migambi, bati «Nimurorere amagara aramirwa ntamerwa !»

 


Kumira amagara =Kuyobokwa n'umugisha.

 



[1] ----- Original Message -----

From: "Felicien Barabwiriza" <mureke@yahoo.fr>

To: <akagera@yahoogroups.com>; "DHR" <Democracy_Human_Rights@yahoogroupes.fr>; <rwanda-l@yahoogroups.com>; "rwandanet" <rwandanet@yahoogroups.com>; <rwandanet@msstate.edu>

Cc: <jjnkumbo@hotmail.com>; <napasamu@hotmail.com>

Sent: Thursday, December 11, 2003 12:25 AM

Subject: [rwandanet] Insigamigani 70 / Amagara aramirwa ntamerwa

 

Hari igihe Dr. Murayi yigeze kunyuza muri izi
mbuga ibigwi bya Bisangwa bya Rugombituri.


Bisangwa uyu niwe watwariraga Rwabugili umutwe
w'ingabo witwa ingangurarugo.
Se wa Bisangwa rero
ntiyavutse yitwa Rugombituri, ahubwo yari Migambi.
Nimwisomere uko yaje guhabwa iryo zina!!

FMB

__________________________________