NI ISHYANO RYA GASHYANTARE[1]
Uyu mugani bawuca
iyo hagize ikintu kiza gihungabanya
amahoro; ni bwo bagira, bati
«Ni ishyano rya Gashyantare!». Wakomotse ku mugabo witwaga
Gatashya ka Gasinzigwa, wari utuye kuri Nyakizu
mu Bwanamukali (Butare); byabayeho ahayinga umwaka w'i 1700.
Uwo mugabo Gatashya,
ngo yari umukire cyane, yarabyaye, aranatunga aratunganirwa. Igihe kimwe, rero u Burundi bushotora u Rwanda ingamba zombi ziranzikana
bararwana.
Muri iryo hiriburana,
Gatashya ahaba ingenzi cyane, bituma agororerwa gutwara Bashumba. Amaze kuyigabana, ararabukirwa ararundisha, bituma aba umukire
w'ikirenga. Hanyuma ubukire bumaze kumusaga, akoranya ingabo n'abatware be, arababaza, ati «Uwo mubona
duhwanije ubukire mu Rwanda umu
ni nka nde?»
Baramusubiza, bati «Uwo musingiye ni
Cyilima musa, uretse ko agutambukije
ingoma gusa».
Nuko Gatashya abyumvise
aranezerwa cyane, ahera ko akoranya
abari abe na rubanda rwo muri
iyo mpugu, ababaza kwa kundi,
na bo bamusubiza nk'aba mbere, kubera
akoshyo babakakiyemo.
Noneho Gatashya arushaho
kwishima; ni ko kwongera gukoranyiriza
hamwe abatware bose na rubanda rundi, arababwira, ati «Ubwo mwabonye
ko maze kuringanira
na Cyilima, icyo antebeje kikaba ari ingoma gusa,
noneho na njye ndashaka ibirori bihimbaje cyane, none rero, mwe
nimuntoranirize ukwezi kunyuranye n'ukwa Gicurasi, maze na njye nzajye aba
ari ko ngiramo
ibirori».
Abatware na rubanda bamaze
kubyumva bahitamo ukwezi kwa Gashyantare
bemeza ko ari ko Gatashya
azajya agiramo ibirori nk'ibyo kwa Cyilima bikura
Gicurasi. Bamaze guhamya ukwezi kw'ibirori, ibwami barabimenya baranuma; babigira ibanga, banga kubyasasa kugira ngo bitamamara
bigakengesha Gatashya.
Byibera aho; ukwezi
kwa Gashyantare kurashyira kurataha. Gatashya ararika igihugu cye cyose
cyo mu Bashumba,
agena n'umunsi ibirori bizaberaho. Abatasi b'ibwami barawumenya baritegura. Kwa Gatashya binikiza
ibirori: bazana inka zo mu
gihugu cye zose, baraza abagabo
n'abagore n'abana, barakubita baruzura; mbese Bashumba yose irashika ntihasigara
n'iyonka, bahururiye ibirori byo gukurira
Gashyantare kwa Gatashya.
Nuko bamaze guterana
binikije ibirori, iz'ibwami zirasesekara, igihugu cya Bashumba
ziragisakiza, zigita mu rukubo ziragitikiza:
zinyaga inka n'amatungo magufi, imyaka zirasahura. Gatashya arafatwa n'ingabo ze: icumu
rirahoga mu Bashumba, imvano ibaye ibyo birori
byo gukura Gashyantare bigana gukura Gicurasi nko kwa Cyilima.
Bihinduka ishyano kuko byari bije
guhuganya umutekano w'Igihugu, nyuma bigahitana abantu benshi ku maherere.
Byabaye irya Gashyantare, kuko nyirabayazana Gatashya yabiteguye muri Gashyantare.
Byashushe n'icyago kiza
kibangamira amahoro yahindaga mu rugo,
uwari ayifitiye akagira, ati «Ni ishyano rya Gashyantare»,
abigereranya na Gatashya wahungabanije amahoro y'igihugu muri Gashyantare !
Kugusha ishyano rya
Gashyantare = Kubuzwa amahoro n'amaherere[2]
[1] -----Message
d'origine-----
De : Felicien Barabwiriza
[mailto:mureke@yahoo.fr]
Envoyé : dimanche 4 janvier 2004 13:51
À : akagera@yahoogroups.com; urwanda_rwacu@yahoogroups.com; rwandanet@yahoogroups.com;
rwanda-l@yahoogroups.com; democracy_Human_Rights@yahoogroupes.com
Cc : jjnkumbo@hotmail.com
Objet : [rwandanet] Insigamigani
74 / NI ISHYANO RYA GASHYANTARE
Muri message yanditswe
na Nikozitambirwa yiswe
"
Du 1er Février:
"Journée Nationale des Héros" (Et
quels Héros ???), nabonye hari aho
yanditse ngo :
NI ISHYANO RYA GASHYANTARE.
Nanjye rero nsanze bitaba bibi ngejeje ku batari
babizi inkomoko y'iyo mvugo. Abatari
babizi rero
nabo babimenye.
Félicien Mishishi BARABWIRIZA
------------------------------------------------------------------------------------------
"L'homme, à
mon avis, se perfectionne par la confiance. Par la confiance seulement. Jamais
le contraire." (Mustafaj)
------------------------------------------------------------------------------------------
[2] Calendrier
des jours fériés au Rwanda
IBYEMEZO By’inama
y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 23 UkUbOza
2003. None ku wa
kabiri tariki ya 23 Ukuboza 2003, Inama idasanzwe y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika:
Paul KAGAME. Imaze kwemeza ibyari ku murongo
w'ibyigwa, Inama y'Abaminisitiri yafashe ibyemezo bikurikira: Inama y’Abaminisitiri
yemeje imyanzuro y’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku matariki ya
11/12/2003 na 17/12/2003, imaze kubikorera
ubugororangingo. Inama y’Abaminisitiri
yasuzumye inyandiko ijyanye n’ivugururwa rusange ry’ubutegetsi bwa Leta
(Public Sector Reform) yatanzwe na Minisitiri w’Abakozi ba Leta,
Amahugurwa, Imyuga Iciriritse n’Umurimo, irayishyigikira ariko isaba ko yanozwa - kubireba kwegereza ubutegetsi abaturage (Decentralisation) ; - kugaragaza uruhare rwa buri ruhande
(Partners/Partenaires) mu gushyira
mu bikorwa inshingano za Minisiteri; - imbonerahamwe y’inzego z’imirimo «organigramme type» ya
za Minisiteri n’umubare
w’abakozi bakenewe. Inama y’Abaminisitiri yasuzumye inyandiko ijyanye no kwegurira Rwandatel abikorera ku giti cyabo,
isaba ko byihutishwa. Yemeje ko mu mutungo wa Rwandatel uzegurirwa abikorera ku giti cyabo
havamo:
- Inzu
ya Telecom House ;
- Imigabane
ya Rwandatel mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayçal ;
- Amazu
ane y’amacumbi ari i Nyarutarama na Kacyiru ;
- Ibikoresho
(équipements) bya Rwandatel
bikoreshwa n’isosiyete
Artel. Inama y’Abaminisitiri
yasabye ko mu kunonosora amasezerano azagenderwaho, uburemere buzashyirwa kuri serivisi zigomba gutangwa cyane cyane gukwirakwiza
za telefoni no guteza imbere ikoranabuhanga mu itumanaho (ICT). Inama y’Abaminisitiri
yemeje amasezerano y’inguzanyo y’amafaranga
10.650.000 DTS/SDR azatangwa na FIDA/IFAD yo gutera inkunga
umushinga PPPMER2, ukorera
muri Minisiteri y’Ubucuruzi, Inganda, Ishoramari, Ubukerarugendo n’Amakoperative. Inama y’Abaminisitiri
yemeje iteka rya Perezida rishyiraho iminsi y’ikiruhuko, ariyo iyi ikurikira: § Itariki ya mbere
Mutarama (Ubunani); § Itariki ya mbere
Gashyantare (Umunsi w’Intwari); § Ku wa gatanu
Mutagatifu; § Itariki ya 7 Mata (Umunsi wo kwibuka Itsembabwoko); § Itariki ya mbere
Gicurasi (Umunsi w'Umurimo); § Itariki ya mbere
Nyakanga(Umunsi w'Ubwigenge); § Itariki ya 4 Nyakanga (Umunsi wo Kwibohora); § Itariki ya 15 Kanama (Umunsi wa Asomusiyo); § Itariki ya 25 Ukuboza(Umunsi wa Noheli); § Itariki ya 26 Ukuboza(Umunsi ukurikira Noheli); § Umunsi wo kwizihiza EID EL FITR
uzajya umenyekana uko umwaka utashye,
bitangajwe n'Ishyirahamwe
ry'Abayisilamu mu Rwanda (A.M.U.R). 6. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko : a) Bwana HAGENIMANA François
Xavier aba Umunyamabanga wihariye wa Minisitiri
w’Uburinganire n’Iterambere
ry’Umuryango. b) Bwana NZABONIMANA
Guillaume Serge aba Umunyamabanga
wihariye w’Umunyamabanga wa Leta muri
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane,
ushinzwe Ubutwererane. c) Madamu BUCAGU Josée aba Umunyamabanga
wihariye wa Minisitiri w’Ubucuruzi, Inganda, Ishoramari, Ubukerarugendo n’Amakoperative. d) Bwana RWABIDADI Patrick, aba Umunyamabanga wihariye wa Minisitiri
w’Uburezi, Ubumenyi, Ikoranabuhanga n’Ubushakashatsi. e) Bwana KAGENGA Innocent aba Umunyamabanga wihariye w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri
y’Ubutaka, Ibidukikije, Amashyamba, Amazi n’Umutungo Kamere, ushinzwe Amazi n’Umutungo Kamere. 7. Inama y’Abaminisitiri yemeje ko: - Bwana
RWIGAMBA Fidèle aba Umunyamabanga Mukuru w’Umutwe wa Sena; - Bwana HABARUREMA Anicet aba Umunyamabanga
Mukuru w’Umutwe w’Abadepite - Bwana KAREGA Vincent, aba Umunyamabanga Mukuru muri Minisiteri
y’Abakozi ba Leta, Amahugurwa, Imyuga Iciriritse n’Umurimo; 8. Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amateka ya Minisitiri w’Intebe ishyiraho Abayobozi bakurikira: - Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Kurengera Ibidukikije: Dr. Rose MUKANKOMEJE; - Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Inkiko Gacaca: Madamu MUKANTAGANZWA Domitilla Iyi mishinga izashyikirizwa Umutwe wa Sena nk’uko
amategeko abiteganya. 9. Inama
y’Abaminisitiri yemeje umushinga w’itegeko rivanaho Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Gutegura Itegeko Nshinga n’Ivugururwa ry’andi Mategeko n’iteka rya Minisitiri
w’Intebe rivanaho Komisiyo yo Kuvugurura
Amategeko .
Izo Komisiyo zizaba zicyuye igihe ku itariki
ya 31/12/2003
Kigali, ku wa 23/12/2003.
Minisitiri muri Primature ushinzwe Itangazamakuru
Prof. NKUSI Laurent. |