KARABA ZIKURYE[1]
Uyu
mugani, abantu bawuca iyo bagiye guhana umugiranabi, ni bwo bavuga, ngo:
«Karaba zikurye». Wakomotse kuri Mpozayo wo ku Munini wa Muganza mu Buyenzi
(Gikongoro); amaze kugura n'umurundi witwa Rusigana imbwa ya Semugeshi yitwaga
Horamvuge; ahayinga umwaka w 'i 1600.
Kera
ku ngoma ya Mutara Semugeshi mwene Ruganzu Ndoli, hariho umugabo w'umuhigi we
wari waragabanye imbwa ze zitwaga Ibitare; ni na yo mpamvu Musinga yise imbwa
ze Ibitare zatwarwaga na Shikiri. Uwo muhigi Mpozayo, yarahigaga, agatura
ibwami impu z'ibihura n'inzibyi n'imondo.
Bukeye
Semugeshi atumiza Mpozayo n'izo mbwa yahigishaga. Mpozayo araza n'ishumi ye.
Akigera ku karubanda, rubanda babonye Ibitare baratangara bamwe, bati «Ziriya
mbwa ni izihe?» Abandi, bati «Ni iza Semugeshi zihigishwa na Mpozayo, ni zo
zitwa Ibitare». Ubwo abahigi ba Mpozayo nabo barasira, kuko bari bafite
n'inyamaswa bishe. Abo mu rugo ibwami barahurura bumvise umwasiro w'abahigi
b'Ibitare na shebuja Mpozayo. Bageze ku karubanda, bamwe basubira inyuma
babwira Semugeshi n'abo bari kumwe, bati «Nimuze murebe icyo mutarabona !» Bati
«Hano ku karubanda hari imbwa tutarabona mu Rwanda !» Bashigukira icya rimwe,
bagenda bumva n'uwo mwasiro w'abahigi.
Bagitunguka,
bakubise amaso Ibitare baratangara. Mpozayo yegera Semugeshi, ati «Ngaya
amatungo yawe !» Semugeshi abonye imbwa ze zifashwe neza aranezerwa. Abwira
Mpozayo, ati «Cyura umuhigo». Mpozayo n'abahigi be bajya ibwami, barasira.
Ab'ibwami, abozi n'abanyanzoga bashigukira icya rimwe ntihasigara n'umwe utaje
gutangara.
Umuhigo
urataha, ibwami barara inkera yawo. Mpozayo aragororerwa. Ku rindi joro na none
ibwami barara inkera y'uwo muhigo. Semugeshi abwira Mpozayo, ati «N'ubwo
Ibitare ari nziza, rubanda bose bakaba bazishimye, ariko izindi mbwa zanjye
zitwa Ibisiga zizirusha kurunduka». Mpozayo, ati «Kereka twambikiye hamwe ni
bwo twamenya intozo zarundutse!» Semugeshi ati «Ejo tuzahige mu rufunzo rwa
Mwogo»; dore ko ubwo yari yarasubiye mu rugo rwa se Ruganzu rwari ku Mwugariro
wa Bufundu. Barara iyo nkera, mu gitondo bambikira guhiga muri Mwogo; Ibitare
zirusha Ibisiga. Barahiguka barara inkera. Semugeshi yegurira Mpozayo ayo
mashumi yombi: Ibitare n'Ibisiga, buracya aragororerwa. Ubwo yari atuye ku
Munini mu Buyenzi; agororerwa inka n'umusozi witwa Muganza no ku Ngara.
Nuko
Mpozayo amaze kugororerwa arataha, atunga inka ze n'imisozi ye n'Ibitare
n'Ibisiga bya Semugeshi.
Bukeye
umuganwa w'i Burundi witwaga Rusigana yumvise ko Mpozayo afite intozo za
Semugeshi, atuma abatasi baza kumutata. Baza bamubwira ko Rusigana amushaka;
uwo muganwa w'i Burundi yari atuye i Gitwe cya Birangirwa hataraba ah'u Rwanda
(ahahoze ari susheferi Nkanda). Mpozayo ajyana n'abo batasi hamwe n'Ibitare
n'Ibisiga n'Abahigi be. Ageze i Gitwe, abonana na Rusigana baraganira. Rusigana
abona Ibitare n'Ibisiga ziramushimisha. Ni ko kubwira Mpozayo, ati «Sibira na
njye mfite imbwa z'intozo ejo tuzahige !» Mpozayo arasibira; arara kwa Rusigana
barara inkera. Bucya bambika bajya guhiga mu gishanga cy'umugezi wa Nshili.
Bagezeyo, Ibitare n'Ibisiga, zirusha Intarengerwa za Rusigana. Bataha Ibitare
n'Ibisiga byishe, Intarengerwa zitahana umutasu (amara masa: umwaku mu muhigo).
Nuko
bageze imuhira barara inkera y'uwo muhigo, dore ko kera «abanyabyambu
(abanyamupaka)» babanaga. Ubwo Rusigana abwira Mpozayo, ati «Nabonye imbwa
nziza mu mbwa zawe, tuzayigure». Iyo mbwa yari mu Bisiga, ikitwa Horamvuge.
Mpozayo, ati «Sinagurisha imbwa y'umwami byankorera ishyano» Rusigana, ati:
«Uzamubwire ko yapfuye !» Mpozayo, ati «Wampa iki ?» Rusigana, ati «Ndaguha
inka cumi z'imbyeyi». Mpozayo aremera, atanga Horamvuge; bamuha inka cumi
z'imbyeyi.
Nuko
aragenda, asubira iwe i Muganza mu Buyenzi (ubu hari Paruwasi). Yerekana za nka
yaguze Horamvuge, barazishima, ariko n'ubwo bazishimye, abahigi b'Ibisiga bari
bababaye. Bigeze n'ijoro, Ibisiga barazishumukura bagenda ijoro ryose, bagera
ku Mwugariro mu gitondo. Babura uko bajya ibwami; hari umuhezo. Bigira inama yo
kwasira bogeza Ibisiga bazivugamo Horamvuge. Baratangira, Semugeshi arabyumva,
ashiguka mu rugo ajya kureba Ibisiga. Ageze ku karubanda, abahigi barasira
babivugamo n'uko Mpozayo yaguze Horamvuge n'umurundi. Semugeshi ntiyabyumva
abajyana mu rugo babaha inzoga baranywa.
Bamaze
kunywa baramubwira, bati «Horamvuge Mpozayo yayiguze n'umuganwa Rusigana;
yamuhaye inka cumi; bati «Kandi ngizo n'imbwa zawe uzihe abandi bahigi,
ntitwashobora kuzihigisha Horamvuge itazirimo !» Semugeshi abyumvise ararakara.
Abwira abahungu, ati «Dutere i Muganza kwa Mpozayo, ariko kandi ntimumwice,
mumufate mpiri mumunzanire nzamugaburira Ibisiga !». Baratera, ajyana
nabo, batera i Muganza n'i Ngara kwa Mpozayo.
Batungutseyo,
bamusakiza atangiye kurya. Yumvise ikiri n'urwamo rw'abahungu n'ibyivugo
by'ingabo, ashiguka adakarabye intoki agifite ibyo yafunguraga (ibiryo) mu
ntoki; umwe mu z'ibwami witwa Rugara aramubwira, ati «Karaba zikurye sha !»
Ubwo yamubwiraga ko agiye kuribwa n'Ibisiga uko Semugeshi yabivuze.
Nuko
Mpozayo asubiza Rugara, ati «Ndakaraba muri Nshili nsanga Rusigana i Burundi».
Asubira mu nzu afata umuheto we, ngo yari umukogoto, abarasamo
baramubererekera; abacamo asanga Rusigana, amusohoza kuri Mwezi; akomeza kuba
umuhigi aratona; atoneshejwe na Rusigana baguze Horamvuge ya Semugeshi.
Ni
aho uwo mugani wakomotse, n'uwa «Ndakaraba muri Nshili» n'ijambo ryo
«Kugaburira ibisiga». Aha rero ibisiga bivugwa si ibi biguruka, nk’uko bamwe
babikeka, ahubwo ni izina ryahawe imbwa za Semugeshi.
Gukaraba
zikarya no kugaburira ibisiga = Kuribwa n'imbwa; Kugirirwa nabi.
[1] ----- Original Message
-----
From: Felicien Barabwiriza
To: rwandanet ; rwandanet@msstate.edu ; urwanda_rwacu@yahoogroups.com ; akagera@yahoogroups.com ; DHR ; rwanda-l@yahoogroups.com
Cc: Severin Twagiramungu ; aphrodisg@yahoo.fr ; JD Cyimana ; Nkundiyeze Eugene ; horana@hotmail.com ; kamatamu@yahoo.com ; Jean Joseph Mbonye ; valeru@web.de ; napasamu@hotmail.com
Sent:
Subject: [rwandanet]
Insigamigani 78 / Karaba Zikurye
Iyo babwiye umuntu ubu, cyane
umwana ndo " Karaba
zikurye " aba azi ko agiye
gukubitwa. Nyamara rero
umugani ntiwavuye ku bana. Naho bavuga bati
"Kanaka bamugaburiye ibisiga" abenshi bagakeka ko
ari ibisiga ibi biguruka. Siko bimeze
rero. Ngiyo
(en attaché) imvano z'izo mvugo
zombi, ngo "Karaba
zikurye" na "
Bamugaburiye ibisiga".
NB: Uwabishobora, yanyunganira akoherereza iki
kirari cy'insigamigani
abandi baba badashobora
gusoma imigereko. Mbaye kandi mushimiye
kandi.
Felicien M. Barabwiriza