AMAGAMBO AHARIWE
NANKANA[1]
Uyu mugani bawuca iyo babonye amakuba agarutse
nyirabyazana, ni bwo bagira, bati «Amagambo ahariwe nakana». Bamwe batekereza
ko wakomotse kuri Nankana ya Rutamu w 'i Rumuli na Muhura, mu Buganza, ahayinga
umwaka w'i 1400; abandi bagatekereza bavuga ko Nankana yari atuye mu Ruhango
rwa Kigali na none muri ayo magingo.
Abavuga Nankana w'i Rumuli na Muhura rero,
batekereza bavuga ko ku ngoma ya Cyilima Rugwe, mu Buganza hari umugabo witwa
Rutamu, asaza asize abana benshi barimo uwo nguwo Nankana, akaba mukuru wabo.
Ngo yagiraga ingeso mbi cyane, yahaka umugaragu
ntibamarane kabiri; ngo mbese yagiraga amahane kurusha abazima n'abapfuye,
abavandimwe be bagahora bamuhana ariko akabananira; ntiyagiraga gihana. Bigeze
aho baramwimuka bajya gutura i Gatsibo mu Mutara.
Nankana asigara i Rumuli wenyine, agumya kwangana
na rubanda. Abari inshuti asigaranye bagumya kumuhana arabananira. Rubanda bose
baramwanga baramwamagana. Amaze kumererwa nabi n'abaturanyi be b'i Rumuli, ni
ko kuhimuka ajya gukeza umugabo w'i Nduga witwaga Rukali, yari atuye i
Rugobagoba h'i Musambira (Gitarama). Rukali aramwakira, amugabira agakingi
kitwa Mushimba kari hafi ya Rugobagoba. Agaturamo n'abana be; yimura inka ze,
ziva i Rumuli ziza i Mushimba mu Nduga.
Ngo ingeso ntipfa, ipfa nyirayo yapfuye! Nankana
ageze i Mushimba akomeza kugira za ngeso ze yahoranye i Rumuli, ndetse
arushaho; ntihagire ucumbika iwe, ntihagire uhugama imvura, n’ubwo yaba
amahindu; uje kugama akamwirukana. Abanyanduga yesanze na bo bagumya kumuhana
arabananira.
Bishyize kera, Mulinda - Umugoyi atera i Nduga; ku
ngoma ya Cyilima Rugwe. Arwana n'umuhungu wa Rugwe witwa Mukobanya. Mukobanya
yica Mulinda. Amaze kumwica, inkuru ikwira u Rwanda y'uko Mukobanya yishe
Mulinda-Umugoyi.
Ubwo mu Nyantango ku Kibuye haturuka umugabo
w'umucyaba witwaga Gatana (ni we mukurambere w'Abacyaba bo kwa Rwankubito, i
Kinyamakara ku Gikongoro). Aza ahururiye amakuru ya Mukobanya na Mulinda. Ageze
i Mushimba kwa Nankana, ahatunguka ni mugoroba wa joro; hakaba hakubye n'imvura
nyinshi y'umuzajoro. Agize ngo arajya kugama kwa Nankana, baramuhinda; Gatana
abura epfo na ruguru.
Ubwo Nankana uwo ngo yari afite inka nyinshi cyane
n'amapfizi menshi. Uwo mugabo Gatana ahamagara Nankana, ati «Ariko wanyirukana
bwose wagira, uramenye ko uri mu cyaha gikabije: dore utereye agati mu ryinyo,
na yo amapfizi yawe aracugita inka zawe, uziririmbira kandi ijuru ryaguye
(umwami yapfuye); ngaho urabeho nzaba mbarirwa akawe !»
Nankana abyumvise atangira kugira ubwoba; ahamagara
Gatana aramwugamisha, amuha inzoga barasangira; mbese aho yabereye, ubwoba
bumutegeka kugira ubuntu bungana butyo.
Nuko mu biganiro byabo Nankana abwira Gatana, ati
«Sinari nzi ko ijuru ryaguye, maze none wo kagira Imana we, uramenye ntuzavuge
ko imfizi zanjye zikiri mu nka, kandi bizatuma nkubera inshuti !» Bakomeza
kwinywera inzoga, bigeza ubwo bafungurira Gatana, baranamusasira araryama.
Bukeye arasezera ajya ku Kamonyi kureba uko ibya Mukobanya na Mulinda byagenze.
Amaze kugenda, Nankana avana amapfizi mu nka ze. Abaturage babibonye babaza Nankana icyabimuteye.
Ababwira ko ari uko ijuru ryaguye. Inkuru irakorerana, ikwira i Nduga yose,
bose bavana amapfizi mu nka. Bimanuka i Nduga, bisingira mu Mayaga n'u
Bwanamukali.
Ibwami bumvise iyo nkuru
y'ikimenamutwe, bategeka kubaririza inkomoko yayo; batangirira i Buhanga baza
babaza umuntu wavuze iyo nkuru yo gukungura. Bafata umuntu bakamubaza aho
yabikuye; na we, ati «Ni naka nabyumvanye». Uwo agafatwa; byarara ni ruto ni ruto,
bigera kuri Nankana.
Bamubajije abura
uwabimubwiye; arafatwa arabohwa; aratangwa arapfa, abandi bararekurwa. Ubugiranabi
bwe butuma ayo magambo mabi yo gukungura amuharirwa atyo; ingeso bamuhanaga
akanga kuzivaho ziramugaruka araziryora.
Uretse abo rero, abavuga ko
Nankana yari uw'i Rumuli na Muhura, abandi batekerezi, bavuga ko yari atuye mu
Ruhango rwa Kigali, bakagerekaho ko yari umugiranabi cyane, nta wararaga mu
rugo rwe, nta wamuvumbaga yahishije, nta wamwakaga amata y'umurwayi cyangwa
y'umubyeyi ngo ayamuhe; yari umugiranabi kuri byose. Inzoga ye yanyobwaga
n'umukoreye umurimo, amuhingiye cyangwa se amwubakiye. Bukeye rero ngo ahisha
inzoga, zo guhingisha; abantu yararitse baza kumuhingira.
Muri ayo magingo, hagoboka
abantu baturutse i Gasabo, niho ubwami bwari buri. Baza bafite inyota bagana
iwabo i Nduga. Babonye ko batari bwambuke, bashaka gucumbika ngo baze kugenda
mu gitondo. Babungira kwa Nankana kuko hari ku nzira yabo. Bahageze basanga
arahingisha. Babaza izina rye, bamenya n'imico ye. Kugira ngo bamufunguze kandi
bamusabe n'icumbi, bigira inama yo kumubeshya. Umwe muri bo aramwegera
aramubaza, ati: «lbyo wakoze ntibizagukoraho! dore wahingishije kandi umwami
yatanze none urahinga ku musibo ?»
Nankana abyumvise agira
ubwoba, akura abahinzi mu murima, afungurira abo bantu kuri iyo nzoga, ariko
yanga ko barara iwe. Baramuhendahenda, aranga, barara inyuma y'imyugariro.
Mu museke baramuhamagara
yanga kwitaba, baramubwira, bati «Urabeho, tugiye waduhemukiye, ariko na we
uraza kubyiboneraho muri iyi minsi ya vuba kuko uri umugome bikabije. Umwami
yaratanze none imfizi yawe iri mu nka iracugita, nawe uri ku buriri n'umugore
wawe muriryamiye kandi wowe n'abana bawe muracyafite amasunzu
ntimwiyogoshesheje inkomoborero; bati «Ibyo byose tuzabivuga ibwami».
Bamaze kumubwira batyo,
barigendera, Nankana ahera ko arabyuka, imfizi ayikura mu nka, yiyogoshesha
inkomborero n'abana be bose, kandi ntiyongera gusubiza abahinzi mu mirima. Abantu
baturanye na we bamubaza icyabimuteye akababwira ko umwami yatanze, n'abo
bakabigenza batyo. Iyo nkuru imenyekana muri
Abagemu ba ho bagemuriye
abatware ibwami bageze i Gasabo, babona abaho bafite amasunzu kandi aho bagiye
baca bose, bagendaga babona abafite amasunzu n'inka zirimo amapfizi n'abantu
Nuko bajya i Kigali. Bahageze bababaza aho
byaturutse. Ab'aho bati : «Twabibwiwe n’abo mu Ruhango». Ab'aho bati
«Twabibonanye Nankana, tumubajije atubwira ko umwami yatanze».
Babibajije Nankana ati «Ni abantu baraye aha
babimbwiye» Babamubajije, arabayoberwa, amagambo amuharirwa atyo.
Baramushorera, bamushyira umwami, bamubwira n'uko
babaririje neza. Na we yibarije Nankana icyo yabigiriye amusubiza ko ari abantu
baraye iwe kandi ko atabazi; ibwami baramutanga baramwica; amagambo aharirwa
Nankana atyo.
Guharira amagambo nankana = Kuyashinja
nyirabayazana: uwo yakomotseho.
Uko biri kose rero, Nankana yaba uw'i Rumuli na
Muhura rnu Buganza, yaba uwo mu Ruhango rwa Kigali mu Bwanacyambwe, amaherezo
yabaye amwe; ni ukuryora ubugiranabi. Ngiyo inkomoko y'umugani baca iyo babonye
umuntu aherereweho n'ibyo yakoze cyangwa yavuze. bati «Amagambo ahariwe
nankana».
[1] ----- Original Message -----
From: Felicien
Barabwiriza
To: akagera@yahoogroups.com ; DHR ; rwanda-l@yahoogroups.com ; rwandanet ; rwandanet@msstate.edu
Cc: Jean Joseph Mbonye ; Papias Narinkamba
Sent:
Subject: [DHR] Insigamigani 72/Amagambo ahariwe
Nankana
Mboneyeho
n'umwanya wo kubifuriza Noheli nziza.
FMB
NIKOZITAMBIRWA:
Urakoze cyane Félicien Barabwiriza kutugezaho ibirari by'iyi
nsigamigani "AMAGAMBO AHARIWE NANKANA".
Noheli Nziza.