NTA BYERA NGO DE![1]
Uyu
mugani umunyarwanda awuca iyo yinjiriwe n’ibizazane mu mpundu, amahirwe
ntiyinonosore; ni ho yimyoza agira, ati «Nta byera ngo de »! Wabaye inzirikane
y'ijambo rya Cyilima Rujugira rwa Mazimpaka, amaze gupfusha umugore we Kalira
yakundaga cyane; ahayinga umwaka w'i 1700.
Uwo
mugore Kalira ngo yari mwiza cyane, kuruta abagore n'abakobwa bariho icyo gihe;
ariko akaba uwo muri rubanda rugufi. Se yari umwega w'umuhenda, akitwa Banyaga
ba Gahenda, ari mu rwego rw'abakene. Kalira rero amaze kuba inkumi arasabwa, na none muri
rubanda rugufi. Hashize iminsi arashyingirwa, umuhungu wamurongoye yari
yarapfushije nyina, amaze kurongora na se arapfa, asigarana n'umugore we na
murumuna we bakurikirana.
Nuko
Kalira arakundwakara cyane! Bukeye umugabo we abwira murumuna we, ati «Ndagira
ngo ngusabire na we urongore, ejo tutazamara inka ntaragushyingira nkaba ngize
nabi ari jye wasigaye mu mwanya w'ababyeyi bacu. Murumuna we aramuhakanira, ati
«Dufite inka nkeya cyane, kandi dufite umugore utadukwiye kuko ari mwiza
bihebuje, nimara kurongora tuzagabana turiya duka, mukeba we tumukamire, izo
Kalira yari yihariye bazikamane bizatume anywa umujago ananuke maze abantu
bajye baducaho umugani ngo twabonye umugore tunanirwa kumutunga, ndetse
nibirimba bamudutware, kuko tumukenesheje; ati «Ku bwanjye, reka dutunge Kalira
tumukamire inka zacu zose, nizimara kugwira, uzabone kunshakira no kugabana».
Bemeranwa batyo.
Nuko
biba aho; hashize igihe gito, Rujugira ajya guhiga, ahigukana mu karere Kalira
yashyingiwemo. Ageze hafi y'urugo rwabo, aruhukira mu biti by'iminyinya byari
imbere y'umuharuro.
Ubwo
umugabo wa Kalira n'umugabo wabo bari bashokeje inka zabo. Rujugira ahagera
amaze gusonza; impamba ye yari yashize. Abwira umusore umutwaje itabi ngo ajye
kumutekerera. Uwo muhungu ageze mu rugo Kalira arimo asanga inyana zavuye mu
biraro zikina mu rugo; yagerageza uko yazisubizamo bikamunanira kuko yafataga
imwe akayishyira mu kiraro agakinga; yongera gushukashuka indi ayisangisha iya
mbere, yakingura iyabanje mu kiraro ikisohokera!!
Zikomeza
kumurushya zityo, uwo mugaragu wa Rujugira abibonye aramufasha bazishyira mu
biraro. Bazipfundikira ubwatsi, barangije, Kalira amubaza aho aturutse. Undi
amubwira ko ari kumwe n'umwana w'umwami Rujugira, akaba aje kumutekerera itabi.
Kalira, ati «Ngwino mbanze nguhembe kuko wamfashije umurimo wari wananiye».
Amujyana mu nzu amuha amata. Amaze kuyanywa ashyira Rujugira itabi. Amubajije
icyamutindije, undi ati «Icyantindije iyaba ari wowe wakibonye nk'uko nakibonye
ntiwagisigaga !» Rujugira, ati «Ese wabonye kintu ki?» Amutekerereza ukuntu
yabonye umukobwa mwiza cyane, kandi w'umunyangeso nziza. Mbese aramumuratira
binonosoye.
Rujugira
amatsiko amutera kworoherwa. Asubizayo uwo muhungu ngo ajye kumuvunyishiriza.
Aragenda abwira Kalira, ati «Rujugira ngo aragusaba aho yugama izuba». Undi ati
«Genda umubwire aze aryugame».
Rujugira
aragenda. Kalira amubonye, ati «Ngo wugame». Arahaguruka, bararamukanya.
Asubira inyuma y'inzugi aho bari bashyize intebe aricara. Kalira na we yicara
imbere y'inzugi mu kirambi. Baganira batarorana. Rujugira yicwa n'amatsiko yo
kumureba neza, Kalira na we agatinya kumubwira ngo amuhe amata, kandi abona ashonje.
Yaribwiraga ati «naturuka he kubwira umwana w'umwami ngo:Ngwino nguhe amata,
kandi ntari umuntu uzwi !» Uko Rujugira yifuza kubona Kalira ni na ko Kalira
yifuzaga kumufungurira, kuko yabonaga ko akeneye icyo yanywa.
Nuko
bikomeza bityo, bose bagisha imitima inama y'icyo bashobora gukora kugira ngo
bombi bagere ku cyo bifuza. Bitinze, Rujugira aramubwira, ati «Ndashaka
kugusezeraho, kandi nagushimiye cyane kuko wanyakiriye neza ukanganiriza
singire irungu, ati «ariko kandi niyemeje kuguha ibihembo bikomeye; maze rero
nkaba ngusabye ko wanyiyereka nkakureba kandi ukambwira n'izina ryawe
n'iry'umugabo wawe, nkagenda menye uwangiriye neza uwo ariwe; ati «kandi n'uwo
nzaguhera ibihembo nkazamubwira uwo abinshyikiririza». Kalira aramusubiza, ati
«Ibyo unsabye byose ndabigukorera, ariko nanjye icyo ngusaba unyemerere
ukimpe». Rujugira arabyemera.
Kalira
akenyera uruhu rwe neza, arakondora amusanga mu muryango. Undi arahaguruka
bararamukanya. Rujugira aramukomeza, Kalira yashaka kwiyunyugushura ngo
yisubirire mu kirambi, undi akanga; ati «Guma aha tuganire turebana, kandi
niwanga ukajya mu kirambi turahajyana». Kalira bimushobeye aremera, aguma mu
muryango, noneho Rujugira arakunda amwitegereza neza; aramubenguka. Kalira
abonye ko umwana w'umwami yamukunze, aramubwira, ati «Dore ibyo wantegetse
nabyemeye; none na we ndagusaba unyemerere nguhe amata kuko nta nzoga mfite.
Nusanga ari mabi uyareke, kandi ninyaguhera mu kitoze na bwo ntuyanywe !»
Rujugira, kuko yari yamukunze birengutse, aramwemerera.
Nuko
Kalira aragenda asuka amata aramuhamagara, undi amusanga mu kirambi arayakira.
Kugira ngo yereke Kalira ko yamukunze cyane, aramubwira, ati «Ngwino dusangire
nkwereke ko ari nta gasuzuguro ngufitiye». Kalira aramwemerera barasangira.
Barangije kunywa, Rujugira arasohoka, ahamagara abagaragu be batatu, abatuma ku
batware batatu begeranye n'aho Kalira ari (atuye), ngo bamwoherereze ingobyi
n'abahetsi bo kumuheka kuko arwariye mu nzira.
Abantu
baragenda bavuga ubutumwa. Abahetsi barashakwa baraboneka. Barabohereza
n'ingobyi. Bakiri mu nzira, abagabo ba Kalira bakukira inka. Bageze hafi
y'iwabo, babona agaharuro kabo kuzuyeho abantu; baza bikandagira, bibaza
icyahabaye. Bahageze bababwira ko bari kumwe na Rujugira. Bajya mu rugo batura
amazi bakukanye imbere y'umuryango w’inzu. Binjira mu nzu baramukanya na
Rujugira. Baratambuka basuhuza Kalira. Ubwo abahetsi baba basesekaye mu rugo
n'ingobyi.
Rujugira
arababwira, ati «Nimukure imijishi mu ngobyi muyitambukane, mushyiremo umuntu
musanga mu kirambi mumuheke tugende izuba rimaze guhumba». Kalira n'umugabo we
n'umugabo wabo babyumvise bagwa mu kantu. Ubwo abahetsi batambukana ingobyi,
banaguriramo Kalira. Abagabo be bagize ngo baratera amahane barabafata. Kalira
baramuheka ariko afite agahinda n'amarira menshi; ababajwe n'uko ataye abagabo
be mu rujijo.
Rujugira
abonye ingobyi ya Kalira imaze kurenga abwira ba bagabo be, ati «Ndabaha inka
iminani ibiri n'umusozi, maze muwutureho, mwishakire abandi bagore, naho uriya
we ndamubatwaye !» Abahungu baranga, bihuta bajya ku Ijuru rya Kamonyi,
kuregera Mazimpaka.
Nuko
Rujugira ajyana Kalira, amugejeje iwe atumira bene se, n'inshuti ze, ngo
bamutahire ubukwe, ngo bamuzanire n'inzoga zo kumutwerera. Abantu benshi
barashika: abagore, abakobwa n'abasore n'abana. Byose bimaze kwegererana,
Rujugira ababwira icyo yabatumiriye, ati «Uyu munsi nabonye umugeni unteye
ubwuzu mu mutima, none nabatumiriye kumbera abakwe ngo twishimane».
Abatekerereza uko yamwambuye umugabo we, kandi ariko akaba yagiye ibwami
kumurega.
Igitaramo
kiratangira, abagore n'abakobwa basanga Kalira, abagabo bato n'abakuru
bateranira ikambere hamwe na Rujugira; ijoro bararikesha barabyukurutsa,
ibirori birangiye abataha barataha. Rujugira asigarana n'umugore we Kalira.
Ubukwe butaha butyo.
Bimaze
iminsi haza intumwa yo kwa Mazimpaka, ngo Rujugira naze yitabe ibwami.
Arahaguruka ajya kwitaba se. Agezeyo, aramutonganya kuko yagize urugomo,
akambura umuntu umugore we. Rujugira abaza se, ati «Mbese ni cyo mwantumirizaga
?» Undi, ati «Nta kindi: subiza umunyarwanda umugore we». Rujugira aratakamba,
ati «Aho kumurekura, ahubwo mumushyingire umugeni mwari mwarangeneye, ariko
mundekere uwo musumbakazi, ati «Kandi namuhaye inka cumi n'esheshatu zo
kumuriha ize yakoye, arazanga».
Mazimpaka
abaza uwo muhungu, ati «ntiwakwemera ko ngushyingira undi mugeni wishakiye mu
bari mu rugo rwanjye cyangwa ahandi waba umuzi, nkaguha n'inka n'imisozi,
bikaba ingurane z'uwo mugore wawe Rujugira yatwaye ?» Umuhungu, ati «Nyagasani
ibyo byose mubireke, ariko munsubize umugore wanjye». Mazimpaka atangira
kwibaza uko uwo mugore wabaye ikotaniro asa. Aramutumiza, Rujugira
aramurimbisha, aramuribagiza, baramuheka ajya ibwami. Mazimpaka amubonye asanga
ni mwiza wese; na we aramubenguka cyane; ati «Uyu mugeni akwiye umwami; mwese
ndamubatse!»
Umugabo
wa mbere wa Kalira abwira Mazimpaka, ati «Umugeni ndamutanze ariko nimuntegeke
uko mbaye». Mazimpaka, ati «N'ubundi nari nakubwiye ko nguha inka n'imisozi
nkagushyingira uba ari wowe wanga». Undi, ati «Noneho ndabyemeye». Bamuha ibyo
bamusezeranije areguka. Ariko na Rujugira ntiyatahana Kalira, asigaranwa na
Mazimpaka. Umuhungu we abibonye atyo kuva ubwo yanga kurya yanga kunywa;
ananirwa gusinzira kubera kwibuka Kalira bamwambuye amanzaganya. Abantu bakuru
babibonye barikora bajya ibwami. Babaza Mazimpaka icyamuteye kwambura umwana
kizira; bati «Kuki uwo mugore utamushubije uwamurongoye, kandi ntumurekere
Rujugira wamwishumbakarije, ahubwo ukamwitwarira, none umuhungu wawe akaba
agiye kwicwa n'agahinda ?» Mazimpaka, ati «Nanze kubatera ishyari, mubanyaga
bombi»! Bati «None se ko umwe wamuhaye umusozi, ukamuha inka n'umugeni bikaba
indishyi, undi we abaye ate ?» Bati «Wihemukira umwana musubize umugore
yironkeye!».
Nuko
Mazimpaka abuze uko abigira, aremera yohereza Kalira kwa Rujugira ndetse
n'abakwe, n'ibishyingiranwa byinshi. Ariko akajya amara iminsi akajya guhakwa
na sebukwe kuko yari yarabitegetse Rujugira; gusa yagenda ntaze ubusa, akazana
inka nyinshi; ndetse bituma Rujugira atona kuri se cyane, aragwa Kalinga, ngo
azabe ali we uba umwami w'u Rwanda. Ubwo Kalira bamwita Rwabami, kuko yashatswe
na Mazimpaka, ari umwami, kandi n'umugabo we Rujugira akaragwa ubwami. Ubwo
rero yabaye umugore w'abami babiri. Yarakundwakaye cyane birengutse, aruta
bakeba be bose, abyarana na Rujugira umuhungu witwaga Sharangabo, (sekuruza
w'Abasharangabo) n'umukobwa witwaga Mulikanwa.
Aho
rero Rujugira amariye kumukukana, no kuragwa ubwami, ifuha rya se Mazimpaka
rituma acika mu Rwanda atarimikwa. Yamuhunze amaze kumwicira imfizi, atinya ko
yamukurikiza undi muhungu we witwaga Musigwa; uwo yakurijeho igisigo cyitwa:
«Singikunda ukundi: Nkunda ibyo nkunze ntibinkundire; aho kunkunda birankuka,
bikajya i Kamagoma gukungika iyo kure: Gukunda ikitagukunda ni imvura igwa mu
ishyamba». Ubwo ngo muri iyo minsi, Rujugira yatirimukiye mu rugo rwa se,
asohotse imfizi ya Mazimpaka yarubagamo ihagarara ku ruhamo rw'umuryango
imubuza kugenda. Abuze uko abigenza ayitera icumu, kugira ngo imubise agende,
hato Mazimpaka atamusanga aho akamugira nk'uwejo. Amaze kuyigusha ajya kubwira
Kalira ibyago agize; ati «None ibyiza ni ugucika».
Nuko
Kalira akora ku mwana wabo Sharangabo na gashiki ke Mulikanwa ashaka inzoga mu
gacuma n'itabi n'urushingo, n'inkono idakwikiye, n'umuheha udasohoye, ashyira
mu gaseke, akorera umugaragu wabo Ndabaramiye wari utuye i Gihinga na Ruzege
(abamukomokaho niho bagituye ubungubu). Bashyira nzira. Bageze mu Bihembe bya
Rugalika, Rujugira ati «Mfite inyota». Umugore aramuseka, ati «Ko tutazi aho
amazi ari muri iri shyamba, ubona byagenda bite ?» Avana inzoga mu gaseke
aramuha, Rujugira arasoma ariruhutsa, ati «Uwampa n'agatabi !» Kalira akora mu
gaseke azana itabi aramuha. Rujugira, ati «Ko nta nkono y'itabi mfite ?» Kalira
azana ya yindi idakwikiye n'umuheha udasohoye. Rujugira, ati «Uyu muheha
udasohoye twawunywesha dute ?» Kalira azana icyuma gica inzara barawubaza,
bakaraga urushingo baracana. Bamaze kuruhuka bakomeza urugendo berekeza iy'i
Bugesera n'i Gisaka.
Bishyize
kera, iby'imihango y'ibwami byo kwimika uzasimbura Mazimpaka birabyuka; bimika
Karemera Rwaka. - Iryo zina rye Karemera, si iryo mu mazina ya cyami y'i
Rwanda; ni Ruganzu Ndoli warivanye i Karagwe k'Abahinda, ku ngoma y'umwami wabo
Karemera Ndagara ya Ruhinda, amushimira ko yamuhishe akamurera akamukuza; undi
amusezeranya ko azamushimira iyo neza ashyira izina rye mu y'ubwami bw'i Rwanda
-.
Karemera
Rwaka amaze kugera ku ngoma arahuma. Rubanda bati «Ni ingoma imurashe kuko
atari we wayirazwe». Basubira mu bwiru, bemeza ko Rujugira agomba kugarukira ingoma.
Bohereza
abantu bo kumurarura. Bamukozeho araricurika, ati «Mazimpaka yishe Musigwa
azize ko aganiriye n'umugore we none jye wamwiciye imfizi namuhonoka nte ?»
Bajya
inama yo kwiba umugore we Kalira kugira ngo nibamugeza i Rwanda azabe ari we
ugarura umugabo we. Baragenda baramurebura n'umwana we Sharangabo n'umugaragu
wabo Ndabaramiye; babagarura mu Rwanda, Rujugira asigara ishyanga wenyine.
Kalira
ageze ku Kamonyi, arwara ibinyoro, bamwubakira urugo ku Kivumu cya Mpushi aba
ari rwo abirwariramo (ubwo hitwa i Mpushi kubera ibihushi by'ibinyoro).
Abikirutse, agaruka ku Kamonyi. Bamubwira kosa imibavu myiza akayoherereza
Rujugira amutashya. Abigira atyo. Ndabaramiye abisubiranayo. Mu iramukanya,
Ndabaramiye anukiriza Rujugira ya mibavu; Rujugira, ati «Iyi nyoso si iy'undi
ni iya Kalira !» Ndabaramiye, ati «Enda twigire hirya nkubwire ubutumwa bwe».
Rujugira akaba yabuguzaga, ahagurukana ubusoro mu ntoki. Ndabaramiye akagenda
amushukashuka, barinda bagera ku cyambu cya Busoro (ni ko hiswe kuva ubwo), munsi
ya Mugina wa Jenda na Kabugondo. Bahageze Rujugira amaze gukenga ibyo
Ndabaramiye amushakira; yiyumvira amarenga y'umugore we, ubusoro abujugunya mu
ruzi agaruka i Rwanda rwa Kamonyi, yima ingoma ya se na sekuru; yitwa Cyilima.
Ubwo
ariko akijya kwima ingoma, umugore we Kalira abiru baramunywesheje (bamuha
uburozi arapfa); kuko atashoboraga gusubirana n'umugabo we kandi baracikanye.
Mu
Rwanda byari umuziro w'uko umugore bahunganye bahungukana; bamutaga mu mugezi
cyangwa se agahama iyo ishyanga. Rujugira rero yumvise ako kageni Kalira
yapfuye ni ko kuvuga ijambo ry'umubabaro, ati «Nta byera ngo de; iyo nima
Kalinga ndikumwe na Kalira !» Yashakaga kuvuga ko abonye ikuzo ry'u Rwanda,
ariko ibizazane bikamwinjira, ntabyishimanemo na Kalira yari yariziritseho
bakanaruhanira ishyanga.
Ubwo
rero ntiyagize amahirwe y'uruhehemure, kuko yavanze impundu n'agahinda. Nicyo
cyatumye avuga ngo «Ntabyera ngo de!» (nta we utunganirwa na byose).
Kuteza
ngo de = gucagasa impundu z'amahirwe.
Uwo
Cyilima Rujugira ni wa wundi wosherejwe mu Masambu ya Gaseke (Rukoma) ingoma
esheshatu zose zamuzunguye, ku ya karindwi umugogo we (umurambo) ugahambishwa
na Mutara Rudahigwa; mu nzu y'umwiru Mirama w'umutsobe; niho abacukumbuzi
bawutahuye mu mwaka w'i 1969, bawujyana i Buruseli mu Bubiligi, bukeye
bawugarura i Butare mu Rwanda.
Impamvu y'ibyo byo gutinda
kuwuhamba, ni uko mu bwiru bw'i Rwanda, umwami wese witwa Cyilima yagombaga
guhambwa n'uwitwa Mutara na we agahindukira agahambwa n'uwitwa Cyilima. Ku
ngoma zo hagati ya bombi, imirambo yabo ikoserezwa i Gaseke, hanyuma
ikazahambwa burundu mu marimbi y'abami i Rutare. Kuba rero Cyilima Rujugira
yarahambwe na Mutara Rudahigwa ntahambwe na Mutara Rwogera ni uko Mutara
Rwogera amaze kwima yatanze imyiteguro yo kujyana umurambo wa Cyilima mu
marimbi y'abami itararangira. Ni ko kurindira undi mwami uzitwa Mutara bigera
kuri Rudahigwa; awuhambisha nko mu wa 1932.
[1] -------Original
Message-------
From: rwandanet@yahoogroups.com
Date: maandag
To: rwandanet@yahoogroups.com
Subject: [rwandanet] Insigamigani (Nta byera ngo de
& Yakoze iyo bwabaga)
Ndashimira modérateur wa forum wanyemereye
kuba
membre.
Bwana modérateur rero, nkwifurije akazi keza,
karangwa n'ubwitange bwinshi.
dore rero en attaché inkomoko y'imigani izwi
cyane:
1. Nta byera ngo de!
2. (Kanaka) Yakoze iyo bwabaga!
Hari abatazi ko muri uyu mugani wa kabiri, ubwo
"bwabaga" mu nkomoko butari ubugabo nk'uko ubu
biri, ahubwo bwari uburozi.
NB: Bitewe n'uko ntazi niba bose bashobora gusoma
ibiri kuri format PDF, mbyohereje no muri WORD
(DOC).
Umunsi mwiza kuri
mwese.
Felicien M. Barabwiriza