YATEJE UBWEGA[1]

Uyu mugani bawuca iyo bumvise umuntu uvuga yamagirira cyane kugira ngo rubanda imugoboke; ni bwo

bavuga ngo ォUmva naka arateza ubwega !サ Wadukanwe na Rugaju rwa Mutimbo ari ku Rutabo rwa

Kinazi mu Mayaga (Gitarama); ahasaga umwaka wa 1800.

Rimwe Yuhi Gahindiro yaraje inkera mu gitaramo cy'imihigo haza kubamo impaka ndende;

bamwe bahiga ubugabo, abandi bahiga amatungo, ndetse bageza no ku mbwa z'intozo.

Gahindiro akabura imihigo; ati: ォBatware ndetse na mwe bahungu muri mwese, nta we

undusha imbwa z'intozoサ; ati : Ari umuhutu ari umutwa ari umututsi ! ati ォUwabona

izihwanye n'izanjye namugororera mu maso yanyuサ.

Arahaguruka Marara ya Munana, ati ォNdi Ingaju bwara Umunyamutara ! ati ォUko muteraniye

aha mbarusha imbwa z'intozo; uwahwanya na njye namuha inka cumi ziteruriwe (imbyeyi)サ.

Rugaju rwa Mutimbo arakabuka; ati ォNdi Nkuba y'imiheto! Urabeshya Marara ndetse

ukabeshyana na mwene wanyu Gahindiroサ; ati ォMwembi mbarusha imbwa z地tozoサ; ati

ォUwabona izihwanye n'izanjye namuha ubushyo bw段nka z段mbyeyiサ.

Abatware n'abahungu bakinje aho (bicaye aho) barababaza, bati ォIyo mihigo yanyu se uko

mubona mubona yakiranuka buryo ?サ Marara atanguranwa ijambo; ati : ォDutume ku bahigi

bimure imbwa zizateranire hano ibwami, maze tuzambikire rimwe duhige igishanga

n'ishyamba icyarimwe, nicyo kizatumara impaka tukamenya ufite imbwa zirusha izindi

ubutozoサ.

Abatware n'abahungu, bati ォNtihagire usubizayo twemeye irya Mararaサ. Gahindiro abaza

Rugaju na Marara, ati ォImbwa zizaterane ryari ?サ. Abandi, bati ォzizaterane mu gatatuサ.

Rugaju na Marara batuma ku bahigi babo ngo bimure imbwa zibasange i Mulinja (Komini Muyira, Butare).

Ku munsi wa gatatu zibageraho. Bamenyesha Gahindiro ko zaje. Na none araza inkera y'umuhigo.

Abatware barababwira bati ォNgaho rero nimuhige twumve icyo muhigiyeサ; uwo ni Gahindiro na Rugaju

na Marara. Gahindiro, ati : ォImbwa zanjye nizirushwa nzatanga amashyo abiri y'inka z'imbyeyiサ. N誕bandi

bemeza ibyo, bemeza no kuzahiga hagati ya Rutabo na Jenda. Mu gitondo bambikira umuhigo.

Bageze mu ishyamba rya Rutabo, babanza kurenza ngo barebe imbwa zirenza kurusha izindi. Iza Rugaju

zirusha izindi, ku mpamvu y'imbwa Rukatanzogera yari izirimo yari intozo by'agahebuzo. Barakomeza

bararenza; bageze hagati ya Rutabo na Jenda, Rukatanzogera ivumbura imondo. Irayirukana irayitota,

bigeze aho irayirara. Ihura n'intama z'umugabo Rwagacaya w置mwega wari utuye i Jenda na Kabugondo.

Yicamo imwe ku bw置mujijnya wa ya mondo yaraye (yayobye uburari).

Rwagacaya arahurura ayiyisanga hejuru ayitera icumu ayiyitsinda aho; ariko ntiyari azi nyirayo.

Rukatanzogera imaze kugwa, abahigi baba barahashinze. Basanga yarinaze. Basubira inyuma kuyibikira

Rugaju. Abyumvise acika intege aricara; amansonza amuzenga mu maso. Abwira Gahindiro, ati ォUmuhigo

urapfuye sinahiga Rukatanzogera imaze gupfa !サ Bose barababara.

Gahindiro atuma abajya gufata Rwagacaya ngo bamuhorere Rukatanzogera. Baragenda baramufata

baramuzana. Bamugejeje aho, Gahindiro abwira Rugaju ati ォMuhoreサ! Rugaju aramubaza, ati ォ Uri bwoko

ki sha ?サ Undi ati: ォ Ndi umwega w置muswereサ. Rugaju abwira Gahindiro, ati ォNta bwo nahorera

Rukatanzogera umuswere! natahe sinzabura ubundi bwega mporaサ. Ubwo yavugaga abega

abashyondetse by'agasuzuguro. Umuhigo urapfuba barataha.

Bageze ku Rutabo, abahigi ba Rugaju baramubwira, bati ォMbe harya ujya umenya ko ziriya ngo

z'umudugudu ari umuryango w誕bega ?サ Arazitegereza yiyumvira akanya; ageze aho abwira ingabo ze, ati

ォNiba ari iz'ubwega koko nimuvuze induru muhatere abo hakurya mu Bulima babutegeサ. Bavuza induru

bakurikije imvugo ya Rugaju; ngo ni ubwega; bati ォRubanda rwo hakurya murasangwe ubwo bwega

ntibujye, ntibujye, ntibubacike !サ Uwo mudugudu barawusakiza, ubwega bw'aho baraburimarima.

Bamaze kuhateza itabi, inkuru irakorerana igera kuri Nyirayuhi Nyiratunga, nyina wa Gahindiro; ivuga ngo:

ak'abega karashize basigaye bahorerwa imbwa! Ahita ahamagaza Rugaju na Gahindiro ababaza icyatumye

bahorera imbwa abega; dore ko yari umwegakazi. Rugaju aratanguranwa, ati ォNti oya nyagasani nta bega

twateje! ahubwo twateje ubwega bwo ku Rutabo!サ Abahungu bumvise iyo mvugo baratwarwa baraseka;

ndetse n'abatware bigumanyaga barerura baraseka. Nyirayuhi yumvise babihinduye ibitwenge arumirwa

abura aho abituruka. Arekera iyo bicira aho.

Nuko imvugo yo guteza ubwega ivuka ubwo; baba bumvise umuntu uvuga cyane nk'iyo amatungo

yamwoneye cyangwa avuga ibindi yamagirira kugira ngo rubanda bamugoboke bamutabare,

bakabigereranya n'induru yavugiye ku Rutabo rwa Kinazi Rugaju ateje abega baho abita ubwega byo

kubashyondeka; bati: ォUmva naka arateza ubwega!サ

Guteza ubwega = Gutabaza wamagirira.

 



[1] ----- Original Message -----

From: Felicien Barabwiriza

Subject: [rwanda-l] Insigamigani no.65 /Yateje Ubwega

 

Nyuma ya " Yazize abaswere", aho mwabonye inkomoko
y'Abega b'Abaswere, dore noneho muri uyu mugani
"Yateje ubwega" uko bamwe mu Bega bishwe
by'amaherere, biturutse ku Mwega w'Umuswere wari
wishe imbwa ya Rugaju; bituma ndetse ubwoko
bw'abega busuzugurwa, aho kwitwa Abega, bakitwa
"Ubwega". Birababaje.


Felicien

__________________________________